CBE YAGEZE I KIGALI
Commercial Bank of Ethiopia WFC yageze i Kigali yiteguye urugamba rwa CAF Women’s Champions League 2026
Ikipe ya Commercial Bank of Ethiopia WFC (CBE) yamaze kugera i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Kanama 2026, aho yaje kwitabira imikino y’amajonjora ya CAF Women’s Champions League 2026 yo mu Karere ka CECAFA.
CBE yageze mu Rwanda ifite intego yo gutangira neza iri rushanwa no guhatanira umwanya wa mbere uzayifasha gukomeza urugendo rwo gushaka itike yo guhagararira CECAFA ku rwego rwa Afurika.
Iyi kipe yo muri Ethiopia iri mu Itsinda B, aho ihuriye na Kawempe Muslim Ladies yo muri Uganda ndetse na FC UJECO yo muri Djibouti. Ni itsinda ritezweho imikino ikomeye, kuko buri kipe izaba ishaka amanota azayifasha gukomeza muri iri rushanwa.
Imikino y’amajonjora ya CAF Women’s Champions League yo mu Karere ka CECAFA izabera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 31 Kanama 2026, aho amakipe azahatana bikomeye ashaka guhagararira akarere mu cyiciro gikurikiraho.
Kuri CBE, kugera i Kigali ni intambwe ya mbere, ariko urugamba nyarwo ruzatangirira mu kibuga. Ikipe yo muri Ethiopia izaba igomba kwitwara neza imbere ya Kawempe Muslim Ladies na FC UJECO, mu gihe buri mukino uzaba ufite agaciro gakomeye ku rugendo rwo gushaka igikombe.
Byanditswe na Igiraneza Migisha Janviere