Rayon Sports Women zanyagiye Denden FC
Rayon Sports Women FC yatangiye urugendo rwa CECAFA Women’s Champions League Qualifiers 2026 mu buryo budasanzwe, itsinda Denden FC yo muri Eritrea ibitego 3-0 mu mukino wabereye mu Rwanda.
Rayon Sports yatangiye umukino ishaka igitego hakiri kare, kandi igitutu cyayo cyaje gutanga umusaruro ku munota wa 17, ubwo Ihirwe Regine yafunguraga amazamu.
Hashize umunota umwe gusa, ku munota wa 18, Rayon Sports yongeye gusatira bikomeye maze U. Jeannette atsinda igitego cya kabiri, bituma ikipe y’Abanyarwanda iruhuka ifite umutekano w’ibitego bibiri.
Mu gice cya kabiri, Denden FC yagerageje kugaruka mu mukino no gushaka igitego cyo kwishyura, ariko Rayon Sports Women yakomeje kwigaragaza nk’ikipe yari ifite umukino mu biganza.
Ku munota wa 90+1, Ishimwe Mizero yashyizeho akadomo ku ntsinzi ya Rayon Sports, atsinda igitego cya gatatu maze umukino urangira ari 3-0.
Iyi ntsinzi ikomeye yashimangiye intumbero ya Rayon Sports Women yo gukora ibishoboka byose ngo igere kure muri iri rushanwa, ndetse itangira neza urugendo rwo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League.
Byanditswe na Igiraneza Migisha Janviere